Producer Element ari gukorana imishinga y'indirimbo n'abahanzi bakomeye muri barimo Ali Saleh Kiba, uzwi nka Ali Kiba.
Mugisha Robinson Fred, wamamaye nka Element, amaze iminsi mu gihugu cya Tanzania aho yagiye gukorana imishinga na bamwe mu bahanzi bakomeye muri iki gihugu.
Mu mashusho amaze iminsi ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze, Element, yagaragaje ko arimo gukorana n'abahanzi bakomeye bo muri Tanzania, barimo nka Harmonize, Ommy Dimpoz, ndetse na Alikiba.
Uyu musore, utunganya indirimbo mu buryo bw'amajwi ndetse akaba ni umuhanzi, kandi aheruka gushyira amashusho ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye zirimo nka Snapchat na Instagram ari kumwe n'umu 'producer' mugenzi we witwa S2kizzy, wakoranye indirimbo nyinshi na Diamond Platnumz.
Si ubwa mbere Element yaba akoranye n'abahanzi bo muri Tanzania, kuko amaze gukora indirimbo zirenga ebyiri z'umuhanzi Harmonize, harimo nk'iyitwa 'Zanzibar' yakoranye na Bruce Melody ndetse na 'One more time' yakoranye na Kenny Sol.
Yaherukaga muri Tanzania mu mpeshyi y'uyu mwaka, ubwo yari agiye kuhakorera amashusho y'indirimbo 'Sikosa' yahuriyemo na Kevin Kade ndetse na Theben.
Mu minsi ishize Element yatangaje ko yagiye asabwa gukorana indirimbo n'abahanzi bakomeye muri Afurika barimo Wizkid, Peruzzi, n'abandi.
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...
Umuhanzi Tom Close yagaragaje ko yifuza ko hakorwa igitaramo kigizwe n'abahanzi b'abanya-Rwanda gusa mu rwego rwo guca "agas...
Umuhanzi Itahiwacu bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yongeye gushimangira ko nta kibazo afitanye n'umuhanzi The Ben.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melody, yavuze ko atazongera kwihanganira abamwibasira ndetse n’abamusebya kubera k...