Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, mu muhango wabereye mu biro by’umukuru w’igihugu, Élysée Palace, ku wa 23 Mutarama 2026.
Perezida Macron yahaye Pharrell Williams uyu mudali, uruta iyindi yose mu cyubahiro mu gihugu cy’Ubufaransa, mu rwego rwo kumushimira kubera uruhare rukomeye yagize mu iterambere ry’umuco, umuziki, ndetse n’imideli.
Nyuma yo kumurika bwa mbere imideli y’abagabo ya Louis Vuitton yo mu mpeshyi y’uyu mwaka, Pharrell w’imyaka 52 yerekeje i Paris, aho yaherewe uwo mudali, uzwiho umugozi utukura, mu muhango wabaye mu ibanga.
Uyu muhanzi, umaze kwegukana ibihembo 13 bya Grammy, asanzwe azwiho kuba umuhanga mu guhanga imyambaro.
Pharrell yahawe iki gihembo ari kumwe n’umuryango we, inshuti, ndetse n’abandi bahanzi bagenzi be barimo Pusha T, Future, na Quavo.
Nyuma yo kwambikwa uyu mudali udasanzwe, Pharrell yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram ko ari umugisha ukomeye kuri we guhabwa iki cyubahiro.
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...
Adedeji Adeleke, se w’umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido, yahishuye ko ibizamini bitanu bya DNA byakozwe...
Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, yongeye gukurura impaka zikomeye ku mbuga nko...
Umuhanzi Moctar, ukomoka muri Niger, yegukanye Secret Story Afrique, mu gihe umuhanzikazi France Mpundu wari uhagarariye u R...