Follow
Polisi y'u Rwanda yemeje ko Miss Muheto Divine, wabaye Nyampinya w'u Rwanda mu 2022, yatawe muri yombi kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira.
Mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo rwa X kuri uyu wa Kabiri, tariki 29 Ukwakira 2024, Polisi y'u Rwanda yatangaje ko kandi Muheto akurikiranweho kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga.
Polisi y'u Rwanda yagize iti "Ibi ntabwo ari ubwa mbere yari abikoze. Yakorewe dosiye ishyikirizwa ubushinjacyaha."
Amakuru B&B Kigali yamenye nuko Muheto yagonze ipoto ry'itara ryo ku muhanda, agahita ahunga.
Muri Nzeri 2023 nibwo Muheto yaherukaga kuvugwaho kugonga atwaye, aho yari atwaye imodoka yahawe nyuma yo kwegukana ikamba rya Nyampinya w'u Rwanda.
Icyo gihe yagonze inyubako yo mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, akomereka ku ijisho bidakomeye ariko imodoka ye irangirika cyane.
Polisi iramenyesha ko Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira, kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga. Ibi ntabwo ari ubwa mbere yari abikoze.…— Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 29, 2024
Polisi iramenyesha ko Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira, kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga. Ibi ntabwo ari ubwa mbere yari abikoze.…
Photo: Imodoka ya Miss Muheto Divine yarangiritse bikomeye muri Nzeri umwaka ushize ubwo yaherukaga kuvugwaho kugonga atwaye.
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...
Umuhanzi Tom Close yagaragaje ko yifuza ko hakorwa igitaramo kigizwe n'abahanzi b'abanya-Rwanda gusa mu rwego rwo guca "agas...
Umuhanzi Itahiwacu bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yongeye gushimangira ko nta kibazo afitanye n'umuhanzi The Ben.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melody, yavuze ko atazongera kwihanganira abamwibasira ndetse n’abamusebya kubera k...