Umukobwa wa R. Kelly, Joanne Kelly, uzwi ku izina rya Buku Abi, yatangaje benshi avuga ko uyu muririmbyi akanaba se umubyara yamukoreye ihohotera rishingiye ku gitsina ubwo yari akiri muto.
R. Kelly asanzwe afungiye ibyaha birimo guhohotera bishingiye ku gitsina abagore n'abana b'abakobwa.
Buku Abi, ubyarwa na R. Kelly na Andrea Kelly, yatangaje ibi birego ashinja se mu cyegeranyo cy’amateka ataravuzwe ya R. Kelly cya TVEI Streaming Network.
Uyu mukobwa w’imyaka 26 yagize ati ''Yari buri kimwe kuri njye, kuva kera siniyumvishaga ko byabaye. Sinatekerezaga ko nubwo yaba umuntu mubi hari icyo njyewe yankorera".
Yakomeje agira ati "Natinyaga kubibwira umuntu uwo ari we wese, yaba na mama."
Buku Abi aganira n'ikinyamakuru People yagaragaje ko nyuma yo kwirekura akavuga ibyo yakorewe na se, yumvise aruhutse.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umunyamategeko wa R. Kelly, Jennifer Bonjean, yahakanye ibyo birego yivuye inyuma.
Agira ati “Uwahoze ari umugore wa R. Kelly (Andrea Kelly) na we yavuze amagambo nkayo mu myaka ishize, kandi Urwego Rushinzwe Kurera Abana n'Imiryango rwo muri Leta ya Illinois rwakoze iperereza kuri ibyo birego ariko rusanga nta shingiro bifite......Abo bakora ibyegeranyo ntibashatse kuvugana na Mr. Kelly cyangwa itsinda rye ngo bamwemerere kwisobanura kuri ibyo birego.”
Muri Gashyantare 2023, R. Kelly yakatiwe igifungo cy'imyaka 20 muri gereza ya Chicago ku byaha byo gufata abana amashusho y'urukozasoni no kubashuka bagakoreshwa imibonano mpuzabitsina.
Mu mwaka wabanjirije uwo, yari katiwe igifungo cy'imyaka 30 azira ubujura n'icuruzwa ry'abantu bishingiye ku gitsina.
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...
Umuhanzi Tom Close yagaragaje ko yifuza ko hakorwa igitaramo kigizwe n'abahanzi b'abanya-Rwanda gusa mu rwego rwo guca "agas...
Umuhanzi Itahiwacu bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yongeye gushimangira ko nta kibazo afitanye n'umuhanzi The Ben.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melody, yavuze ko atazongera kwihanganira abamwibasira ndetse n’abamusebya kubera k...