Umuhanzi Safi Madiba yagarutse mu Rwanda nyuma y'imyaka ine atahakandagira, aho yahishuye ko bimwe mu bimuzanye birimo n'imishinga afitanye n'abo bahoranye muri Urban Boyz.
Akigera i Kigali mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu, Safi Madiba yabwiye itangazamakuru ko azanywe na gahunda nyinshi zirimo igitaramo afite tariki 7 Ukuboza 2024, imishinga y'umuziki, ndetse no gusura inshuti n'abavandimwe.
Abajijwe niba afite umukunzi nyuma y'uko atandukanye na Judith, uyu muhanzi ntawe afite ariko ahishura ko mu bimuzanye harimo no gushaka umukunzi mushya.
Ati "Ibyo nabyo biri mu binzanye i Kigali."
Abajijwe ku gitaramo afite tariki 7 Ukuboza 2024 muri The Green Lounge cyanenzwe na benshi, bavuga ko umuhanzi mukuru nkawe atari akwiriye gukorera igitaramo mu kabari, Safi Madiba yavuze ko kiriya atari igitaramo ahubwo ari uguhura n'abafana be, agaragaza ko igitaramo cye kizaza nyuma.
Uyu muhanzi yatangaje ko kandi afite gahunda yo gukorana indirimbo n'abahanzi bagenzi be bakorera umuziki mu Rwanda.
Safi Madiba yagiye gutura muri Canada mu 2020 asanze umugore we Judith, baje gutandukana bamaranye imyaka ibiri n'igice basezeranye.
Kuri ubu uyu muhanzi yanamaze kubona ubwenegihugu bwa Canada.
Rwambikanye hagati y’umuhanzi Ish Kevin n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Cyubahiro MCKenna Robert,...
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza, Ishimwe Vestine, uhuriye mu itsinda rimwe na murumuna we Dorcas, yahishuye...
Umuhanzi nyarwanda Bill Ruzima yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho gukoresha no...
Umuraperikazi Cardi B yibarutse umwana wa kane, akaba uwa mbere abyaranye n'umukunzi we Stefon Diggs.
Michael Duarte wamenyekanye mu guteka ku mbuga nkoranyambaga yitabye Imana arashwe Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...
Michael Duarte, wamenyekanye cyane mu bikorwa byo guteka ku mbuga nkoranyambaga, yitabye Imana nyuma yo kuraswa na polisi i ...