Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Daniel Etiese Benson uzwi nka Bnxn, ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyiswe 'Friends Of Amstel Experience.'
Ni igitaramo uyu muhanzi umenyerewe mu njyana ya Afro-fusion azahuriramo n'abandi bahanzi b'Abanyarwanda barimo nka Kenny K Shot, Nillan, Mistaek, ndetse na Bruce The 1st.
Iki igitaramo giteganijwe tariki 23 Ugushyingo 2024, aho kizabera muri Camp Kigali.
Bnxn, wahoze witwa Buju, yamenyekanye mu ndirimbo nka 'Mood' yakoranye na Wizkid, 'Finesse,' yakoranye na Pheelz, 'Feeling,' yahuriyemo na Ladipoe, 'Bae Bae' aheruka gukorana na Ruger, ndetse n'izindi nyinshi.
Kuri ubu ni umwe mu bahanzi bari kwandika amateka mu muziki Nyafurika, ndetse no hanze y'uyu mugabane.
Polisi y'u Rwanda yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze i...
Umuhanzi w'ikirangirire John Roger Stephens, wamenyekanye nka John Legend, yageze i Kigali mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu...
Umuhanzi Tom Close yagaragaje ko yifuza ko hakorwa igitaramo kigizwe n'abahanzi b'abanya-Rwanda gusa mu rwego rwo guca "agas...
Umuhanzi Itahiwacu bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yongeye gushimangira ko nta kibazo afitanye n'umuhanzi The Ben.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melody, yavuze ko atazongera kwihanganira abamwibasira ndetse n’abamusebya kubera k...