Umuhanzi wo muri Nigeria, Raoul John Njeng-Njeng uzwi cyane nka Skales, yavuze ko ari we watumye Burna Boy amenyekana binyuze mu ndirimbo bakoranye mu 2017.
Ikinyamakuru Naija News gitangaza ko Skales mu kiganiro aherutse kugirana na Naija FM, Lagos, yavuze ko hari igihe yateye inkunga Burna Boy mu mwuga we.
Skales yagaragaje ko umuhanzi Burna Boy nta ndirimbo yari afite ikunzwe mbere y'uko basubiranamo ndirimbo "Temper" mu 2017.
Yakomeje avuga ko Burna Boy na we yamuteye inkunga amaze kumenyekana cyane.
Yagize ati "Nk'uko byari bimeze icyo gihe, Burna boy nta ndirimbo yari afite mbere yo kumushyira muri "Temper Remix."
"Nyuma yo gukorana natwe nibwo yatangiye kwitwara neza. Sinshaka kwiha icyubahiro cy'uko yagize icyo ageraho kubera njye, ariko yanyeretse ko ari umuntu w'ingirakamaro mu gihe cy'imyaka myinshi, kandi ndatekereza ko na we hari igihe namweretse ko ari umuntu w'ingenzi."
Photo: Skales yasubiranyemo indirimbo ye "Temper" na Burna Boy mu 2017.
Mu magambo meza asize umunyu, umuhanzikazi Simi yifurije umugabo we Adekunle Gold isabukuru nziza y’amavuko.
Umuhanzi Pharrell Williams yahawe umudali witwa ‘Legion of Honour (Ordre national de la Légion d'honneur)’ na Perezida w’Ubu...
Umuhanzikazi Temilade Openiyi, uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya mu muziki we, aho yabaye umuhanzikazi wa mbere ukomoka...
Adedeji Adeleke, se w’umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido, yahishuye ko ibizamini bitanu bya DNA byakozwe...
Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, yongeye gukurura impaka zikomeye ku mbuga nko...