Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Ingimbi y’abari munsi y'imyaka 18 yakatishije itike yo gukina igikombe cya Afurika cya 2026 (FIBA U18 AfroBasket 2026), nyuma yo gutsinda Uganda amanota 70-65 muri 1/2 cy'imikino y'Akarere ka Gatanu (Zone V Qualifiers) iri kubera i Cairo mu Misiri.

Abasore b'umutoza Niyomugabo Sunny bagaragaje ubwitange bukomeye kugeza begukanye intsinzi, yatumye bagera ku mukino wa nyuma ndetse banakatisha itike y'Igikombe cya Afurika.

Mu bakinnyi bigaragaje cyane muri uyu mukino barimo Hugo Victor Ngabonziza, watsinze amanota 25, ndetse na Sean Mwesigwa, watsinze amanota 13.

Nyuma yo kubona itike, u Rwanda ruzakina umukino wa nyuma w'iri rushanwa rugamije kwegukana igikombe cy’Akarere ka Gatanu (Zone V).

Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'ingimbi ziri munsi y'imyaka 18, Niyomugabo Sunny, yabwiye B&B Kigali ko intego bari bafite bayigezeho.

Ati "Intego nyigezeho kubera Imana. Twari twarebye amashusho, twari twagerageje kubiga, rero ndashima Imana ko ibyo twababwiye (abakinnyi) bagerageje kubikurikiza.

"Ndashimira abasore banjye, indabyo ni izabo, bahanganye ntibacika intege. Intego yari ukugera ku mukino wa nyuma, ariko naho tuzatanga imbaraga zose zishoboka."

Igikombe cy'Afurika cy'abari munsi y'imyaka 18 cy'uyu mwaka kizabera i Abidjan muri Côte d'Ivoire guhera tariki 5 kugeza 16 Kanama 2026.