Follow
Abantu bagera kuri 56 bapfiriye mu mubyigano wabereye kuri Sitade N’Zérékoré, ahaberaga umukino wahuzaga Labé na N’Zérékoré muri Guinea kuri iki Cyumweru, tariki 1 Ukuboza 2024.
Ibi byago byabereye mu Majyepfo ya Guinea mu mujyi wa kabiri mu munini muri iki gihugu, N’Zérékoré, aho ikipe ya Labé yari yakiriwe na N’Zérékoré mu mukino wa nyuma w’irushanwa ryitiriwe Umukuru w’Igihugu wa Guinea, Mamady Doumbouya.
Ubwo umukino waganaga ku musozo, umusifuzi wari uwuyoboye yahaye penaliti N’Zérékoré, ibitishimiwe n’abakinnyi ba Labé batangira guteza akaduruvayo. Abafana ba Labé nabo bahise batangira gutera amabuye mu kibuga, ari nako imirwano ivanze n’umubyigano itangira kuri Sitade N’Zérékoré.
Polisi yagerageje guhosha iyo ntambara, itera ibyuka biryani mu maso mu bafana. Abantu benshi basize ubuzima muri iyo mirwano, abandi barakomereka.
Kugeza ubwo, twakoraga iyi nkuru, Leta ya Guinea yari imaze gutangaza umubare w’abagera kuri 56 bamaze kwitaba Imana.
Hari amashusho menshi yagiye hanze agaragaza imirwano y’abari bitabiriye uyu mukino, aho hagaragaramo abantu benshi bagerageza kurira inkuta kugira ngo barokore ubuzima bwabo, abandi biganjemo abana baryamye hasi.
Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Mamadou Oury Bah, yavuze ko inzego z’ubuyobozi muri iki gihugu ziri kugerageza kugarura umutekano n’ituze ahabereye aya mahano.
Yongeyeho ko amavuriro ari gutanga ubuvuzi ku bakomerekeye muri iyi mirwano.
Photo: Abantu benshi bagerageza kurira inkuta kugira ngo bahunge imvururu zaberaga kuri kuri Sitade N’Zérékoré.
Photo: Abasifuzi baganira n'abakapiteni b'amakipe yombi, N’Zérékoré na Labé, mbere y'umukino wa nyuma w'irushanwa ryitiriwe Perezida wa Guinea.
Banamwana Camarade yahawe gutoza Bugesera mu mikino itandatu ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda isigaye.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Mugiraneza "Migi" Jean Baptiste mu bikorwa byose bya ruha...
Haringingo Francis, wari umutoza mukuru wa Bugesera, ndetse n'umwungiriza we, Nduwimana Pablo, basezeye ku mirimo yabo muri ...
Rayon Sports yatangaje ko izikura mu irushanwa ry'Igikombe cy'Amahoro mu gihe Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (F...
Mukura ishobora guterwa mpaga na Rayon Sports ku mukino ubanza wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro iyi kipe y’i Huye yari yakiriye...