Follow
Rwaka Claude yeguye ku mirimo yo gutoza Rayon Sports y'abagore kubera kumara igihe kirekire adahembwa.
Uyu mutoza, wari umaze umwaka umwe n'igice ari umutoza mukuru wa Rayon Sports y'abagore, yahamirije B&B Kigali ko yasezeye burundu kuri iyi kipe, yambara ubururu n'umweru.
Rwaka yavuze ko yasezeye kubera ibibazo bifitanye isano n'imishahara yaraberewemo n'ikipe. Ni mu gihe n'abandi batoza bari bungirije Rwaka na bo basezeye kubera kudahembwa.
Bivugwa ko abatoza ba Rayon Sports y'abagore bari bamaze amezi atatu badahembwa.
Rwaka yabwiye B&B Kigali ko byanagorana kugaruka muri Rayon Sports y'abagore .
Ati " Byagorana kugaruka. Byasaba ibiganiro birebire."
Rwaka yagizwe umutoza mukuru wa Rayon Sports y'abagore muri Kanama 2023, nyuma y'igihe kinini ari umutoza wungirije muri Rayon Sports y'abagabo.
Aba batoza ba Rayon Sports y'abagore beguye mu gihe iyi kipe iri kwitegura umukino wa shampiyona izakina AS Kigali kuri uyu wa Gatandatu, tariki 8 Werurwe 2025, mu Nzove.
Rayon Sports imaze iminsi ifitanye ibibazo n'abakozi bayo byerekeranye n'imishahara, dore ko no mu minsi ishize umutoza wungirije wa Rayon Sports y'abagabo, Quanane Sellami, yasezeye ku mirimo ye kubera ibibazo birimo ibirarane yari aberewemo.
Banamwana Camarade yahawe gutoza Bugesera mu mikino itandatu ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda isigaye.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Mugiraneza "Migi" Jean Baptiste mu bikorwa byose bya ruha...
Haringingo Francis, wari umutoza mukuru wa Bugesera, ndetse n'umwungiriza we, Nduwimana Pablo, basezeye ku mirimo yabo muri ...
Rayon Sports yatangaje ko izikura mu irushanwa ry'Igikombe cy'Amahoro mu gihe Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (F...
Mukura ishobora guterwa mpaga na Rayon Sports ku mukino ubanza wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro iyi kipe y’i Huye yari yakiriye...