Follow
APR yanganyije na Rutsiro 0-0 mu mukino w'ikirarane w'umunsi wa mbere wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru, tariki 10 Ugushyingo 2024.
Iyi yari inshuro ya gatatu APR inanirwa kwinjiza igitego mu mukino wa shampiyona muri uyu mwaka w'imikino, dore ko byayibayeho ubwo yakirwaga na Etincelles ndetse n'ubwo yanganyaga na Gorilla, umukino waje kuviramo iyi kipe y'ingabo z'igihugu guterwa mpaga kubera gukinisha umubare w'abanyamahanga urenze uwemewe muri shampiyona.
Kuri ubu APR ikaba imaze kwinjiza igitego kimwe gusa muri shampiyona, uramutse uvanyemo ibitego bibiri bya penaliti iheruka gutsinda Vision tariki 7 Ugushyingo 2024.
Iyi kipe, itozwa na Darko Novic, yahise ifata umwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya, aho ifite amanota umunani mu mikino itanu imaze gukina.
Ni mu gihe Rutsiro yo yagumye ku mwanya wa 10 n'amanota icyenda mu mikino icyenda imaze gukina, aho ifite umwenda w'ibitego bibiri.
Banamwana Camarade yahawe gutoza Bugesera mu mikino itandatu ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda isigaye.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Mugiraneza "Migi" Jean Baptiste mu bikorwa byose bya ruha...
Haringingo Francis, wari umutoza mukuru wa Bugesera, ndetse n'umwungiriza we, Nduwimana Pablo, basezeye ku mirimo yabo muri ...
Rayon Sports yatangaje ko izikura mu irushanwa ry'Igikombe cy'Amahoro mu gihe Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (F...
Mukura ishobora guterwa mpaga na Rayon Sports ku mukino ubanza wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro iyi kipe y’i Huye yari yakiriye...