Follow
Kiyovu Sports yatsinzwe na Gasogi United ibitego 4-3, mu mukino w'umunsi wa cyenda wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium..
Uyu wari umukino wa karindwi wikurikiranya Kiyovu Sports itsinzwe muri shampiyona muri uyu mwaka w'imikino.
Malipangou Christian wa Gasogi United niwe wafunguye amazamu muri uyu mukino ku munota wa 14.
Nyuma y'iminota ine Nizeyimana Djuma yishyurira Kiyovu mbere y'uko Malipangou na Mudeli Akbar batsinda, bagafasha Gasogi kujya kuruhuka iyoboye n'ibitego 3-2, dore ko Mugisha Desire yatsindiye Kiyovu igitego mu minota y'inyongera y'igice cya mbere.
Mu gice cya kabiri, Ndikumana Danny, wavuye muri APR, yatsindiye Gasogi igitego cya kane ku munota wa 75.
Mu minota ya nyuma y'umukino, Dufitimana Pacifique yatsindiye Kiyovu, agabanya ikinyuranyo, umukino urangira Gasogi ibonye itsinzi y'ibitego 4-3.
Nyuma y'umukino, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yavuze ko atishimiye umusaruro ikipe ye yatahanye nubwo babonye amanota atatu, gusa ashima uburyo umutoza wa Gasogi United, Bienvenue Tchiamas, yakinishijemo ikipe.
Ati "Ndanenga cyane ba myugariro bacu kuko yatanze impano (cadeaux) zitabaho, nta gitego Kiyovu yatsinze wavuga ko yaruhiye ikagikorera."
Photo: Ndikumana Danny (ibumoso) na Malipangou Christian (iburyo) ni bamwe mu bafashije Gasogi United gutsinda Kiyovu ibitego 4-3.
Ishyirahamawe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje urutonde rw'agateganyo rw'abakandida bujuje ibisabwa mu ma...
Umuryango JOSCEEFA wateguye umwiherero uzafasha abana bifuza gukina umupira w'amaguru by'umwuga, gukabya izo nzozi, aho uzab...
Perezida wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwand...
Masudi Narcisse yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Gorilla avuye mu Amagaju.
Uyu mukinnyi,...
Mukura Victory Sports yasinyishije rutahizamu w'umunya-Rwanda Mutsinzi Patrick amasezerano y'imyaka ibiri.