Follow
Umukinnyi wa Chelsea, Mykhailo Mudryk, yasanzwemo ibyongerambaraga mu mubiri bitemewe.
Ni nyuma y'ibipimo, bihoraho, byafashwe n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bwongereza (FA), aho byagaragaje ko mu nkari za Mudryk harimo ibyongerambaraga bitemewe.
Nkuko tubikesha The Athletic, Mudryk yasanzwemo 'meldonium' mu bipimo yafashwe avuye mu mikino y'ikipe y'igihugu ya Ukraine mu Ugushyingo.
Meldonium ni umuti ukoreshwa cyane n'abafite uburwayi bw'umutima. Ku bakinnyi, uyu muti ushobora kubafasha kutaruha vuba mu gihe bari mu bikorwa by'ingufu nk'imyitozo cyangwa umukino, ufasha kandi mu kuruhuka vuba nyuma yo gukoresha umubiri.
Uyu muti ukaba warashyizwe mu bitemewe n'urwego rushinzwe kurwanya ikoreshwa ry'imiti yongera imbaraga (WADA) mu 2016.
Mudryk w'imyaka 23 yatangaje ko atigeze anywa cyangwa ngo akoreshe ibyongerambaga ibyaribyo byose ku bushake, agaragaza ko we na Chelsea bagiye kwegera inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane icyateye iyo misemburo yasanzwe mu mubiri we.
Ishyirahamawe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje urutonde rw'agateganyo rw'abakandida bujuje ibisabwa mu ma...
Umuryango JOSCEEFA wateguye umwiherero uzafasha abana bifuza gukina umupira w'amaguru by'umwuga, gukabya izo nzozi, aho uzab...
Perezida wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwand...
Masudi Narcisse yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Gorilla avuye mu Amagaju.
Uyu mukinnyi,...
Mukura Victory Sports yasinyishije rutahizamu w'umunya-Rwanda Mutsinzi Patrick amasezerano y'imyaka ibiri.