Follow
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda 'Amavubi' yatsindiye Nigeria iwayo ibitego 2-1 kuri uyu wa Mbere, tariki 18 Ugushyingo 2024, ariko ntiyabasha kubona itike y'Igikombe cy'Afurika cya 2025 kizabera muri Morocco.
Ibitego bya Mutsinzi Ange na Nshuti Innocent ni byo byafashije Amavubi kuva inyuma, atsinda Super Eagles mu mukino wa nyuma wo mu itsinda D wabereye kuri Godswill Akpabio International Stadium.
U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatatu n'amanota umunani, anganya na Benin yasoreje ku mwanya wa kabiri, aho amakipe yombi yatandukanyijwe n'umubare w'ibitego azigamye. Amavubi yasozanyije umwenda w'ibitego bibiri, mu gihe Benin nta mwenda cyangwa gitego izigamye.
Muri iri tsinda, Nigeria yasoje iyoboye itsinda n'amanota 11, na Benin ni zo zabonye itike y'Igikombe cy'Afurika.
Mbere y'umukino, Amavubi yasabwaga Nigeria, ariko akanategereza ko Libya yatsinda Benin kugira ngo abone itike ya AFCON.
Gusa amahirwe u Rwanda rwari rufite yo gusubira mu Gikombe cy'Afurika ruherukamo mu 2004 yayoyotse arashira nyuma y'uko Libya inganyije na Benin 0-0.
Nigeria yafunguye amazamu ku munota wa 59 itsindiwe na Samuel Chukueze, wabanje gucenga abakinnyi batatu b’Amavubi. Mutsinzi yishyuriye u Rwanda ku munota wa 72, ku gitego cy'umutwe yatsinze nyuma y'umupira yahawe na Kwizera Jojea winjiye mu kibuga asimbuye.
Ku munota wa 75, Nshuti yatsinze igitego cyahesheje Amavubi itsinzi ku mupira yahawe na Imanishimwe Emmanuel mu rubuga rw'amahina.
Photo: Mutsinzi Ange, watsindiye Amavubi igitego cya mbere, ahanganiye umupira na Bruno Onyemaechi.
Photo: Abakinnyi 11 babanjwe mu kibuga n'umutoza Frank Torsten Spittler.
Photo: Abakinnyi 11 umutoza Augustine Owen Eguavoen yabanje mu kibuga ku ruhande rwa Nigeria.
Ishyirahamawe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje urutonde rw'agateganyo rw'abakandida bujuje ibisabwa mu ma...
Umuryango JOSCEEFA wateguye umwiherero uzafasha abana bifuza gukina umupira w'amaguru by'umwuga, gukabya izo nzozi, aho uzab...
Perezida wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwand...
Masudi Narcisse yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Gorilla avuye mu Amagaju.
Uyu mukinnyi,...
Mukura Victory Sports yasinyishije rutahizamu w'umunya-Rwanda Mutsinzi Patrick amasezerano y'imyaka ibiri.